6d181470-c986-11ef-96be-57c6b4fcf379.jpg

Umupolisi wasinze yarekuye abantu 13 bacyekwaho ibyaha ngo bajye kwirira Ubunani

Umupolisi mukuru wo muri Zambia yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano muri iki gihugu, nyuma yo gusinda akarekura abantu 13 bacyekwaho ibyaha bari bafungiye muri kasho kugira ngo bashobore kujya kwizihiza ubunani.

Titus Phiri usanzwe akora iperereza ku byaha, yatawe muri yombi nyuma yo kurekura abo bacyekwa bari bafungiye kuri Sitasiyo ya polisi ya Leonard Cheelo iri mu murwa mukuru Lusaka.

Nyuma yo kubarekura na we yahise atoroka.

Abo yarekuye bari bafunze bashinjwa ibyaha birimo gukubita, ubujura no kwinjira mu nzu y’undi mu buryo bunyuranyije n’amategeko hagamijwe gukora icyaha.

Kuri ubu barimo kwihishahisha ndetse hatangijwe igikorwa cyo kubahiga.

Umuvugizi wa Polisi ya Zambia, Rae Hamoonga yavuze ko Phiri, “wari wasinze, yatse ku ngufu imfunguzo za kasho” umupolisi wo ku rwego rwo hasi Serah Banda ku bunani, nyuma “yafunguye kasho ifungiyemo abagabo na kasho ifungiyemo abagore nuko ategeka abacyekwaho ibyaha kugenda, avuga ko bafite ubwisanzure bwo kwinjira mu mwaka mushya.”

Yakomeje agira ati: “Mu bacyekwa 15 bari bari muri kasho, 13 baratorotse. Nyuma y’ibyo, uwo mupolisi mukuru yarahunze ava aho hantu.”

Dickson Jere wahoze ari umuvugizi wa Perezida wa Zambia akanaba umunyamategeko, abinyujije ku rubuga rwe rwa Facebook yatangaje ko ibyo Phiri yakoze ari urwenya, gusa agaragaza ko atari ubwa mbere byari bibaye muri kiriya gihugu.

Yagize ati: “Ndi gukomeza guseka iyo ntekereje ukuntu byari bimeze, ni urwenya! Icyakora nanone nibutse ko ibintu nk’ibi byabayeho mu mwaka wa 1997.”

Icyo gihe nk’uko BBC ibivuga, bucya ari ku bunani mu mwaka wa 1997, uwari umucamanza wo mu rukiko rukuru Kabazo Chanda wapfuye wari uzwiho guteza impaka, yategetse ko abantu 53 bacyekwaho ibyaha bafungurwa, bamwe muri bo polisi yafataga ko bateje akaga.

Chanda yari arakajwe no kuba abo bacyekwaho ibyaha bari baratawe muri yombi mu mwaka wa 1992, ariko bakaba bari bagejeje icyo gihe bataraburanishwa.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *