Ubutaliyani bwatangaje ko bwafashe umugabo w’Umurundi w’imyaka 50 ukekwaho kugira uruhare mu iyicwa ry’ababikira batatu b’Abataliyani bishwe mu 2014 mu mujyi wa Bujumbura, umurwa mukuru w’ubucuruzi w’u Burundi.
Ubushinjacyaha bwo mu mujyi wa Parma buvuga ko uwo mugabo witwa Guillaume Harushimana akekwaho gutegura, gufasha no gutanga ibikoresho byakoreshejwe muri ubwo bwicanyi bwabaye ku matariki ya 7 na 8 Nzeri 2014.
Abishwe ni ababikira b’Abataliyani: Olga Raschietti (83), Lucia Pulici (75) na Bernadetta Boggian (79), bari abamisiyoneri bakoreraga mu Burundi.
Abashinjacyaha bavuga ko iperereza ryongeye gutangira mu 2024 nyuma y’uko habonetse amakuru mashya yaturutse mu gitabo cyanditswe n’umunyamakuru w’iperereza w’Umutaliyani. Ibyo byatumye haboneka ubuhamya bw’abandi babikira butigeze butangazwa mbere.
Nk’uko abashinjacyaha babitangaza, iri yicwa ryaba ryategetswe na General Adolphe Nshimirimana, wahoze ayobora urwego rw’ubutasi rw’u Burundi, wishwe mu 2015. Harushimana ngo yari umwe mu bantu ba hafi b’uwo mujenerali.
Abakekwa kuba baragize uruhare mu bwicanyi ni bane. Babiri muri bo bivugwa ko babyemeye kuri radiyo, undi wari umurinzi w’uwo mujenerali yabajijwe mu Butaliyani ndetse yemera bimwe mu byaha. Uwa kane ntaramenyekana.
Abashakashatsi bavuga ko impamvu zishobora kuba zarateye ubu bwicanyi zirimo:
Kuba ababikira baranze kuvura abarwanyi b’Abarundi bari muri Democratic Republic of the Congo
Kutumvikana ku mafaranga y’ikigo cy’urubyiruko i Kamenge
Cyangwa kuba byari bifitanye isano n’imihango y’igitambo
Bivugwa ko abicanyi binjiye mu rugo rw’abo babikira bambaye imyenda y’abihaye Imana, hanyuma bagasohoka bambaye imyenda ya polisi.
Harushimana yari yarigeze kujya mu Butaliyani mu 2018 mu mahugurwa yabereye i Parma, aho yahise abazwa kuri uru rubanza ariko agahakana uruhare urwo ari rwo rwose, avuga ko icyo gihe atari mu Burundi ndetse agaragaza ibimenyetso byo muri pasiporo.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Burundi ntiburagira icyo butangaza kuri aya makuru.




