General Olivier Gasita w’umunyamulenge akaba umusirikari ukomeye mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, we n’ingabo ayoboye boherejwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, kunganira Gen. Masunzu Pacifique mu kurwanya umutwe wa Twirwaneho wiganjemo abanyamulenge bene wabo.
Ni amakuru yamenyekanye mu ibanga rikomeye atanzwe na bamwe mu basirikare ba FARDC bazi ibyayo neza, aho ayo makuru avuga ko mu kugaba ibitero azaturuka i Lulenge n’ingabo ayoboye agabe ibitero kuri Twirwaneho mu Rugezi no mu bindi bice byo mu majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Komine ya Minembwe, ahatuye abanyamulenge benshi.
Nk’uko umwe muri abo basirikare yabibwiye MCN yagize ati: “Gen. Olivier Gasita agiye koherezwa mu ntambara muri Rugezi aturutse i Kindu, bivuze ko abari muri ibyo bice bya Rugezi no mu nkengero zaho bagomba kuba maso. Umwanya uwo ari wo wose yahatera.”
Nubwo atagaragaza igihe iki gitero kizabera ariko uyu musirikari avuga ko iki gitero Gen. Gasita we n’ ingabo ayoboye azakigaba aturutse i Kilembwe akomereze no mu bindi bice by’i Lulenge, nyuma yo kuva i Kindu n’ingabo ze nyinshi.
General Olivier Gasita asanzwe ari Komanda wa region wungirije mu Ntara ya Manyema, aho kuri ubu afite ikicaro i Kindu ahafatwa nk’umurwa mukuru w’iyi ntara akaba ari naho azaba aturutse ubwo azaba agiye kugaba ibyo bitero.
Mu mpera z’ukwezi kwa gatatu uyu mwaka ni bwo yageze i Kinshasa aho yageze avuye i Kisangani nyuma y’uko ingabo za FARDC zitsinzwe mu ntambara y’i Bukavu ku itariki ya 16/02/2025, ubwo zari zihanganye n’umutwe wa M23.
Amakuru avuga ko izi ngabo za Leta zikimara gutsindwa i Bukavu hakigarurirwa na M23, zahungiye i Uvira mbere y’uko Gen. Gasita na Lt. Gen. Masunzu n’abandi bayobozi batandukanye ba FARDC berekeza i Kisangani aho Masunzu we akiri kugeza magingo aya.
Aha i Bukavu Gasita yari yahatumwe nyuma y’iminsi mike ahawe ipeti rya Général de Brigade yahawe mu mpera z’umwaka wa 2024, ni nabwo yahise ahabwa inshingano zo kuba uwungirije komanda ushinzwe iperereza mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Gen. Gasita ukomoka muri Kivu y’Amajyepfo, akaba ari uwo mu bwoko bw’Abanyamulenge bivugwa ko kuri ubu ari mu basirikare babizerwa kuri Perezida Felix Tshisekedi, kubera kurwanya benewabo yivuye inyuma, ibyo akora afatanyije na Lt Gen Masunzu Abanyamulenge bashinja kubabagambanira no kubica.




