Urujijo ku irengero rya Kikuni bikomeje kuvugwa ko yaba yarishwe n’ubutegetsi bwa Tshisekedi

Urujijo rukomeje kuba rwose muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’uko umunyapolitiki Seth Kikuni uheruka gutabwa muri yombi akomeje kuburirwa irengero.

Kikuni utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa RDC, ari mu bakandida bahatanye na Perezida Félix Antoine Tshisekedi mu natora ya Perezida wa Repubulika yo mu Ukuboza 2023.

Mu minsi 12 ni bwo yatawe muri yombi n’Urwego rushinzwe iperereza muri iki gihugu (ANR).

Kuva mu minsi ibiri ishize hatangiye gucicikana amakuru avuga ko nyuma yo gutabwa muri yombi yaba yarapfuye.

Amakuru avuga ko kuri uyu wa Kane umugore we na bamwe mu barwanashyaka b’ishyaka rye bagiye kumushakira kuri ANR, gusa bakabwirwa ko atakiri mu maboko y’uru rwego.

Kuri ubu abanye-Congo barimo abanyapolitiki nka Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu, bakomeje kotsa Leta igitutu bayisaba gutanga umucyo ku buzima bwa Kikuni, ndetse bakamurekura byihuse.

Abanye-Congo benshi bahuriza ku kuba Hari abo bita “ibisambo byayogoje igihugu” bikomeje kwidegembya, nyamara inzirakarengane akaba ari zo zikomeje gufungwa “binyuranyije n’amategeko”.

Fayulu mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X yavuze ko “amarira y’umudamu wa Seth Kikuni akwiye gukangura ubuyobozi bwa ANR imufunze iminsi 12 mu buryo bunyuranyije n’uburenganzira bw’ibanze”.

Fayulu yashimangiye ko abantu nka Seth Kikuni “akwiye kuba ari mu muryango we aho kuba muri kasho ya gereza”.

Kikuni yatawe muri yombi nyuma y’amasaha make yanditse kuri X ubutumwa bwamahana ubwicanyi buheruka gukorerwa muri gereza ya Makala.

Icyo gihe yagize ati: “Ubwicanyi ni bwinshi, busa cyane nk’uruhererekane rw’iyicwa ry’abaturage bakagombye kurindwa bidasanzwe na Leta. Wazalendo muri Goma, Kilwa, Lwilu, none no muri Makala. Ntibishoboka”.

Muri Kamena bwo we na Claudel André Lubaya batangije Urwego ngishwanama kuri politiki n’imibereho myiza.

Ni urwego Kinshasa yafashe nk’ururwanya ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi, bavuga ko bugizwe “n’ubwiganze butemewe kandi bwamunzwe na ruswa, butagira umushinga wa politiki nyawo ufitiye igihugu akamaro, kandi butitaye ku mibabaro y’abaturage ahubwo bugashishikazwa gusa no gusangira umugati”.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *