Urukiko rwategetse ko Tuyisenge uzwi kuri Twitter nka NTAMA W’IMANA arekurwa

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14 Mata rwategetse ko Tuyisenge Evariste wamenyekanye ku rubuga rwa Twitter nka NTAMA W’IMANA2 arekurwa.

Ku wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023 ni bwo uyu musore yari yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwamukekagaho gutangaza ubutumwa bushishikariza abantu gukora icyaha cyo gusambanya abana.

Byari mbere y’uko agezwa imbere y’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ku wa 06 Mata 2023. Yari kumwe na Muramira Innocent umwunganira mu mategeko.

Ubushinjacyaha icyo gihe rwabwiye urukiko ko rumukurikiranyeho ibyaha bikoresheje ikoranabuhanga, bumusabira imyaka itatu y’igifungo.

Ni nyuma yo kumurega gushishikariza abantu gukora icyaha cyo gusambanya abana hakoreshejwe ikoranabuhanga’.

Tuyisenge kandi agitabwa muri yombi yakekwagaho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, gusa ubushinjacyaha ntibwigeze buregera iki cyaha urukiko kuko ntabyo basanzemo uyu musore.

Ntama w’Imana wemeye ibyaha aregwa akanasaba imbabazi yari yabwiye urukiko ko azakoresha imbuga nkoranyambaga mu gukangurira abantu gukora ibikwiye no kwirinda ibyaha.

Mu mwanzuro w’urubanza wasomwe kuri uyu wa Gatanu, urukiko rwavuze ko Tuyisenge ahamwa n’icyaha yari akurikiranweho muri ruriya rubanza.

Urukiko rwavuze ko rumuhanishije imyaka itatu y’igifungo n’ihazabu ya Frw miliyoni imwe, gusa ruvuga ko igifungo cyose yakatiwe agisubikiwe mu gihe cy’umwaka umwe.

Urukiko kandi rwavuze ko NTAMA W’IMANA2 agomba gutanga ihazabu yaciwe, hanyuma rutegeka ko ahita afungurwa umwanzuro w’urubanza ukimara gusomerwa mu ruhame.

Ni umwanzuro rwavuze ko yaba ubushinjacyaha n’uregwa bafite uburenganzira bwo kujuririra bitarenze ukwezi kumwe uhereye igihe wasomeweho.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *