Kaminuza ya Oxford yatangaje ko nta kibazo uru rukingo rushobora gutera cyane ko rwifitemo ubushobozi bwo kongerera umubiri imbaraga z’ubwirinzi . Iyi kaminuza yo mu Bwongereza ivuga ko rutanga icyizere mu guhangana na Covid-19 yugarije isi muri iki gihe.
Mu gerageza rimaze gukorwa , abantu 1,077 byagaragaye ko rwabongereye ubudahangarwa bw’uturemangingo two mu bwoko ‘T-cells’ dushobora kurwanya coronavirus.
Impuguke zakoze ubushakashatsi kuri uru rukingo zivugako mu igenzura rimaze gukorwa ku bantu bahawe uru rukiko byagaragaye ko rutanga icyizere. Gusa aba bahanga bakomeza bavuga ko bidahagije guhita wemeza niba koko uru rukingo rufite ubudasa mu guhangana n’iki cyorezo.
Ni urukingo rukozwe muri Virusi yaremewe muri Raboratwari, ikaba ifite imimerere imwe na virusi ya Korona. Abakoze iyi virusi bavuga ko mu kuyikora bifashishije virusi itera ibicurane mu nkende. Nyuma bagahinduramo bimwe na bimwe mu biyigize hagamijwe ko rutateza ikindi kibazo ku muntu uruhawe.
Ikinyabutabire (spike protein) kimwe mu bigize koronavirusi ni kimwe mu byongewe muri uru rukingo kugirango rugire imbaraga zihagije zo guhangana na Korona Virusi.
Mu buryo uru rukingo rukoramo, bivugwa ko rusa neza na Korona virusi bityo umuntu uruhawe , umubiri we uhita urema uburyo bwo guhangana na rwo nkuko wahangana na Korona Virusi. Kugeza ubu ikigero kigaragaza ko hejuru ya 75% byabahawe uru rukingo bagiye bagaragaza ko badashobora gufatwa na Korona Virusi.
Nubwo bitaremezwa ko uru rukingo rutangira gukoreshwa , Ubwongereza bwahise busaba uducupa miliyoni 100 mu gihe cyose bazaba bamaze kubona ko hari umusanzu rwatanga mu guhangana na Covid-19.



