Umwuzure uherutse kuba mu ruzi rwa Muragarazi, rugaragaza umupaka uhuza u Burundi na Tanzaniya, wimuye ubutaka bumwe bw’u Burundi ibujyana mu karere ka Tanzaniya. Iki kibazo cyongeye kubyutsa amakimbirane hagati y’abaturiye uruzi bitewe no guterana ubwoba hamwe n’ibibazo bya politiki.
Muri iki gihe, biravugwa ko umwuka wifashe nabi mu turere duhana imbibi tw’u Burundi na Tanzaniya, cyane cyane mu turere twahoze ari twa komini za Kibago (ahahoze ari intara ya Makamba) na Bukemba (ahahoze ari intara ya Rutana), mu ntara nshya ya Burunga mu majyepfo y’u Burundi.
Impamvu: Umugezi wa Muragarazi, umupaka usanzwe uhuza ibihugu byombi, uherutse guhindura inzira, bituma havuka amakimbirane hagati y’imiryango ituriye uruzi mu bihugu byombi.
Ubuhamya bwakusanyirijwe aho, mu gihe cy’imvura iheruka, buvuga ko uruzi rwasize umuyoboro wa mbere, rutwara ubutaka bwo guhinga bwahoze buhingwa n’abaturage b’u Burundi.
Ubu butaka, ubu buherereye ku ruhande rwa Tanzaniya, ni intandaro y’amakimbirane ashingiye ku butaka na politiki nk’uko tubikesha SOS Medias Burundi.
Ikibaya cya Muragarazi, cyane cyane cyahinzwe na SOSUMO (Société Sucrière de Moso), ubu ni cyo ntandaro muri uku guhangana bucece. Uko guhindura inzira k’uruzi ngo kwatumye amakimbirane yiyongera aha hantu.
Urubyiruko rufatanije n’ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzaniya, CCM (Chama Cha Mapinduzi), bivugwa ko rwatangiye kwirukana nabi Abarundi bakomeje guhinga kuri ubwo butaka bwimutse.
Imirwano ndetse ngo habuze gato yaduke, bituma ingabo z’u Burundi zitabara, zijya guhosha amakimbirane no kurinda umutekano abaturage.
Ariko, nubwo gutabara kwabaye, ngo kutizerana biracyahari. Abarundi bagerageza gusubira guhinga ubwo butaka baracyahura n’ibikorwa byo kubatera ubwoba, bashinjwa kwambuka umupaka mu buryo butemewe.




