Kuri uyu wa Gatatu, itariki 10 Nzeri 2025, Brian Driscoll wahoze ari umuyobozi w’agateganyo wa FBI, hamwe n’abandi babiri bahoze ari abayobozi bakuru muri FBI, bareze ubuyobozi bwa Trump ndetse n’Umuyobozi wa FBI kuri ubu, Kash Patel, bavuga ko birukanwe ku mpamvu za politiki.
Aba bayobozi batatu bavuze mu kirego cyashyikirijwe Urukiko rwa Washington DC, ko birukanwe n’umuyobozi wa FBI, Kash Patel mu “rwego rwo kwihorera” kugira ngo bakure mu nzira abayobozi bafatwa nk’abahemu kuri Perezida Donald Trump nk’uko inkuru dukesha Deutsche Welle ivuga.
Ikirego kiti: “Patel ntabwo yakoze mu buryo bunyuranyije n’amategeko gusa ahubwo yahisemo nkana gushyira imbere politiki muri FBI kuruta kurengera Abanyamerika “.
Muri iki kirego, Driscoll yavuze ko Patel yamubwiye ko kwirukanwa “bishoboka ko bitemewe,” ariko akomeza avuga ko adashobora kubihagarika kubera ko White House n’ishami ry’ubutabera biyemeje gukuraho umuntu uwo ari we wese wagize uruhare mu iperereza ku byaha byakozwe na Trump.




