Umurepubulikani Kevin McCarthy niwe watsindiye kuyobora inteko ishinga amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika,, umutwe w’Abadepite mu cyiciro cya 15 cy’amatora ku majwi 216 kuri 212 ygizwe n’umuyobozi w’abademokarate mu nteko, Hakeem Jeffries .
Urubuga rwa interineti al-Hurra rwo muri Amerika rwavuze ko “intsinzi ya McCarthy, perezida mushya w’umutwe w’abadepite, yaje nyuma y’uko bamwe mu bamurwanyaga bo mu gihande giharanira ubwisanzure mu ishyaka ry’Abarepubulikani bamutoye, mu gihe abandi batesheje agaciro amajwi yabo, bigatuma amajwi yari akenewe agera kuri 216 aho kuba 218 “.
Iri hatana ry’amateka ry’amatora y’iminsi 5 yose rwabuze gica rero, ryarangiye McCarthy yegukanye umwanya wa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’abadepite muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
McCarthy akaba yageze kuri iyi ntsinzi nyuma y’uko yari yananiwe inshuro 14 zose zabanjirije inshuro ya 15 yaboneyemo intsinzi.



