Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatndatu, itariki 20 Ukwakira hategerejwe kumenyekana umunyamahirwe ushobora gutsindira bwa mbere mu mateka akayabo ka miliyari y’amadolari muri tombola.
Kuri uyu wa Gatanu ushize, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, abaturage bakaba bari bategerezanije amatsiko menshi uwegukana amahirwe ya tombola idasanzwe. Ni ubwa mbere mu mateka umunyamahirwe ashobora kuza kwegukana akayabo ka miliyari yose y’amadolari.
Abafite inzozi zo kuba, barara mu cyiciro cy’abaherwe, kuri uyu wa gatanu, bazindutse bagura amatike y’iyo tombola idasanzwe. Mu gihe waba uguze itike iriho imibare y’amahirwe itandatu gusa, ushobora gutsindira ayo mafaranga mu buryo bubiri.
Ubwa mbere, ushobora kuba wakwemera kugenda uhabwa ayo mafaranga agera kuri miliyari 947 mu gihe cy’imyaka 30. Uburyo bwa kabiri, ushobora gusaba guhita uhabwa imbumbe ya miliyoni 548 uvanyemo imisoro, ugahita uyatahana.
Mu gihe kuri uyu mugoroba wo kuwa gatanu hatabonetse umunyamahirwe ufite tike yatsindiye ako kayabo, kuwa Gatandatu hari gutangwa andi mahirwe. Uwayavukanye akaba yakwegukana miliyoni 430 z’amadolari nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika.



