Derek Chauvin, uwahoze ari umupolisi mu mujyi wa Minneapolis muri Leta ya Minnesota akaba ari na we wishe umwirabura George Floyd amushinze ivi ku ijosi, kuri uyu wa 8 Kamena 2020 yagejejwe mu rukiko ku nshuro ya mbere, asabwa gutanga ingwate ya miliyoni 1.25 y’Amadolari y’Amerika kugira ngo aburane ari hanze.
Tariki ya 25 Gicurasi 2020 ni bwo Derek wari kumwe n’abandi bapolisi batatu yishe Floyd, abagenzi bamufata amashusho bifashishije telefone. Nk’uko byumvikana muri aya mashusho, Floyd yasabye imbabazi ariko Derek arazimwima, akomeza kumupfukamaho kugeza ashizemo umwuka.
Kuva ubwo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangiyemo imyigaragambyo yamagana urugomo abapolisi bakorera abirabura, rubaviramo n’urupfu. Icyo abigaragambya bashakaga ni uko Derek yirukanwa mu kazi, akajyanwa imbere y’ubutabera, abapolisi bari kumwe bakaryozwa ubufatanyacyaha, ndetse ihohoterwa rimaze ibinyejana rikorerwa abirabura rihagarara.
Urubanza rwa Derek wirukanwe akanafungwa rwifashishije amashusho mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19. Ubushinjacyaha bwifuza ko uyu mugabo w’imyaka 44 aburana afunzwe kugira ngo atazatoroka ubutabera cyangwa se agatanga ingwate ya 1,250,000 y’Amadolari y’Amerika.
Ingwate ya Derek iri mu bwoko bibiri. Iya mbere ni iyi ya miliyoni 1.25$ yatanga ariko ntahabwe amabwiriza yo kugenderaho ndetse n’indi ya miliyoni 1$ yatanga agashyirirwaho umurongo ngenderwaho nko kutava mu mujyi wa Minneapolis, kutongera gukora mu rwego rwa polisi y’umujyi, akirinda guhura n’umuryango wa Floyd, agatanga imbunda y’akazi ndetse n’icyangombwa cy’akazi.
Abandi bapolisi batatu bashinjwa ubufatanyacyaha: Thomas Lane, Alexander Kueng na Tou Thao nabo birukanwe mu kazi. Basabwe gutanga ingwate ya miliyoni 1$ nta murongo ngenderwaho bashyiriweho, cyangwa ibihumbi 750 $ mu gihe bashyiriweho uwo murongo.
Derek Chauvin na bagenzi be batatu bazasubira mu rukiko tariki ya 29 Kamena 2020.




2 Responses
USA: Umupolisi wishe umwirabura arasabwa ingwate irenga miliyoni y’Amadolari ngo aburane ari hanze
abany’afurika barikuturenganya pee.
USA: Umupolisi wishe umwirabura arasabwa ingwate irenga miliyoni y’Amadolari ngo aburane ari hanze
abany’afurika barikuturenganya pee.