cc-606x400.jpg

Ushinja Trump kumusambanya ku ngufu mu myaka irenga 20 ishize yongeye kubura Dossier

Donald Trump wabaye Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, aregwa gufata umugore ku ngufu mu myaka irenga 20 ishize .

cc-606x400.jpg

E. Jean Carroll wahoze ari umujyanama w’ikinyamakuru ELLE akaba n’umwanditsi, yongeye kugeza ikirego cye mu rukiko rwa Manhattan i New York ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho ashinja Donald Trump kumusambanya ku ngufu.

Ni ikirego uyu mugore yari yaragejeje mu rukiko mu mwaka wa 2019, akaza no kujurira mu 2022 ariko Trump aza guhakana ibyo ashinjwa byose kugeza ubwo gihagarikwa ngo hakusanywe ibimenyetso.

Carroll arega Trump kumuhohotera ubwo bari bahuriye mu nyubako icuririzwamo imyenda ngo aza kumuhamagara amugisha inama y’imyenda yahamo undi mugore impano.

Avuga ko akimara kuhagera Trump yamwinjije mu rwambariro rw’iyo nzu, maze ngo agakubitaho urugi ahita amufata aramusambanya amurekura hashize iminota itatu.

Trump mu gihe yireguraga icyo gihe, yavuze ko uyu mugore yashakaga kumusebya no kugirango abone inkuru yo kuzuza mu gitabo cye no kugaragaza ko atari ku rwego rwe, ikindi kandi ngo kuki ibyo byabaye ntahite abivuga akabona kubitangaza hashize imyaka irenga 20.

Abunganira Trump mu mategeko bavuga ko ataza gukandagira mu rukiko ngo yiregure nabo ku ruhande rwa Carrol bavuga ko bataza kwirirwa bamuhamagara bityo ngo ibyava byose mu rukiko babyakira.

Uku kubyutsa ikirego bije nyuma y’uko bivugwa ko Donald Trump bivugwa ko azongera kwiyamamariza kuba Perezida wa Amerika.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *