Kuri uyu wa Gatatu urukiko rwo mu Buyapani rwakatiye umugabo wari ukurikiranweho kurasa akica uwahoze ari minisitiri w’intebe, Shinzo Abe, igifungo cya burundu, nyuma y’imyaka irenga itatu ubwo bwicanyi bubaye.
Muri Nyakanga 2022, Tetsuya Yamagami w’imyaka 45 yari yemeye icyaha cyo kwica Abe akoresheje imbunda yakorewe mu rugo n’intoki mu Mujyi wa Nara wo mu burengerazuba.
Ubu bwicanyi bwabaye ku manywa y’ihangu mu gihe Abe, wari minisitiri w’intebe umaze igihe kinini mu Buyapani, yari arimo aravuga ijambo mu gikorwa cyo kwiyamamaza.
Igihe Abe yaraswaga ntabwo yari akiri ku butegetsi, ariko yagumye kuba umwe mu banyapolitiki bakomeye bo muri iki gihugu bafite gahunda yo gusubira ku butegetsi. Yamagami wamurashe yafatiwe aho.




