Kuri uyu wa Mbere, itariki ya 8 Nzeri, muri Uvira, muri Kivu y’Amajyepfo, Wazalendo, , hamwe n’imiryango itegamiye kuri leta bateguye imyigaragambyo yo kwirukana Gen. Gasita, biba ngombwa ko FARDC itatanya abari mu myigaragambyo ndetse bikaba bivugwa ko hari n’abantu nibura batanu bahasize ubuzima.
Ni imyigaragambyo yateguwe mu rwego rwo gusaba ko Gen. Olivier Gasita, woherejwe na FARDC gukorera muri Kivu y’Amajyepfo nka Komanda wungirije ushinzwe ubutasi mu karere ka 33 ka gisirikare, yahavanwa kuko batamushaka.

Iyi myigaragambyo yo kwamagana umuyobozi wa FARDC washyizweho n’abayobozi ba Kinshasa yabaye mu gihe FARDC yatanze ibisobanuro ku ishyirwaho rye kuri uyu mwanya ndetse ikemeza ko Gen. Olivier Gasita ari umuntu ukunda igihugu cye iyo bitaba byo aba atidegembya.

Abawazalendo bo ariko bavuga ko bafite ibimenyetso bigaragaza ko yagize uruhare mu ifatwa rya Bukavu kandi bizeye ko azatuma n’Umujyi wa Uvira ufatwa
Amafoto ya mbere yashyizwe ahagaragara y’iyi myigaragambyo agaragaza abantu bafite icyapa cyanditseho ngo: ” Gasita subira iwanyu. Uvira ntitugushaka”




