Kuri uyu wa Gatatu, itariki 11 Nzeri 2024, uwahoze ari umukozi wa CIA, Alexander Yuk Ching Ma, yakatiwe igifungo cy’imyaka icumi. Muri Gicurasi, uyu mugabo w’imyaka 71 yari yahamwe n’icyaha cyo kunekera u Bushinwa.
Ishami ry’ubutabera muri Amerika rivuga ko iki gihano cyavuye mu masezerano yo kwirega. Uregwa yirinze igihano kirekire nyuma yo kwemera uruhare rwe mu guha amakuru y’ibanga Ibiro bishinzwe Umutekano bya Shanghai (SSSB).
Ma yakoraga muri CIA kuva 1982 kugeza mu 1989. Yashinjwaga kuba yarafatanije na mwene wabo, na we wakoraga muri CIA, kugeza “umubare munini” w’amakuru y’ingabo z’igihugu ku batasi b’u Bushinwa ku ngurane y’amadorari ibihumbi 50 mu 2001.
Yahawe akazi na FBI
Nyuma y’imyaka ibiri avuye muri CIA, Ma yasabye akazi nk’umuhanga mu ndimi ku biro bya FBI muri Hawaii nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ivuga.
Minisiteri y’Ubutabera yagize iti: “FBI, yari izi neza isano Ma afitanye n’ubutasi (bw’u Bushinwa), yahaye akazi Ma mu rwego rwo gukurikirana no gukora iperereza ku bikorwa bye ndetse n’imikoranire ye na SSSB”. Yongeyeho ko yakoranye na FBI nk’umunyabiraka hagati ya 2004 na 2012.
Uyu Munyamerika wavukiye muri Hong Kong, yatawe muri yombi muri Kanama 2020.



