Guverinoma ya Venezuela yagize Alex Nain Moran Saab umaze amezi 6 afungiwe muri Cap-Vert Ambasaderi wayo mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe.
Saab ni umunya-Colombia wahawe ubwenegihugu bwa Venezuela, usanzwe ari umushoramari ukomeye. Bikekwa ko akorana bya hafi na Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro ku buryo bikekwa ko amufiteho amakuru menshi ajyanye n’imari.
Yatawe muri yombi na leta ya Cap-Vert muri Kamena 2020, ibisabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zamushinje gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu buryo butemewe.
Muri Nyakanga 2020, Intumwa Nkuru ya Cap-Vert yafashe icyemezo cyo kohereza Saab muri USA kugira ngo akurikiranweyo gusa ntibirakorwa bitewe n’uko iyi dosiye yasubiye mu butabera.
Leta ya Venezuela yo yamaganye ifungwa rya Saab, ivuga ko ritakurikije amategeko mpuzamahanga, ndetse yamagana n’umugambi wa Cap-Vert wo kumwohereza muri USA iri kugerageza gushyira mu bikorwa, bigera ko igira uyu mushoramari Ambasaderi wayo muri AU.
Itangazo Venezuela yashyize ahabona tariki ya 24 Ukuboza 2020, rigira riti: “Umuturage Alex Nain Saab Moran ufite indangamuntu No. V-21,495,350 tumugize uhagararira mu buryo buhoraho Repubulika ya Venezuela muri AU.”
Nk’uko bigaragara mu nkuru ya Premium Times, Venezuela yahaye Saab iyi nshingano mu buryo bwo kumwongerera ubudahangarwa, ku buryo byashoboka ko yafungurwa, ntiyoherezwe muri USA.
Iki gitangazamakuru kivuga ko cyabonye kopi y’ibaruwa y’urukiko rw’umuryango w’ibihugu biri mu Karere ka Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) isaba Cap-Vert kurekura byihuse Saab kugira ngo atangire inshingano yahawe. Ibi byaba bigaragaza ko icyemezo cya Venezuela cyaba cyatangiye gutanga umusaruro, n’ubwo AU ubwayo ntacyo irabivugaho.



