de54af8326988002

Visi Perezida wa CHADEMA yafunzwe agiye gushyingura Raila Odinga

Abayobozi ba Tanzania bafunze John Wegesa Heche, Visi Perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi CHADEMA, ubwo yageragezaga kwambuka umupaka wa Isibania ajya muri Kenya mu muhango wo gushyingura nyakwigendera Raila Amolo Odinga, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Kenya.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru TUKO.co.ke ku wa Gatandatu tariki ya 18 Ukwakira 2025, Heche yatawe muri yombi saa munani z’amanywa, igihe yari mu myiteguro yo kuyobora itsinda ry’abahagarariye CHADEMA mu muhango w’ishyingura uteganyijwe kubera i Bondo, Siaya, ku Cyumweru.

Ishyaka CHADEMA ryahise isohora itangazo ryo kwamagana iryo fungwa, ishinja ubutegetsi bwa Perezida Samia Suluhu Hassan n’ishyaka riri ku butegetsi Chama Cha Mapinduzi (CCM) gukoresha politiki yo gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri CHADEMA, Brenda Rupia, yagize ati:  “Guverinoma ya CCM yafunze Visi Perezida w’ishyaka ryacu, Nyakubahwa John Wegesa Heche, imubuza kujya gutanga ubutumwa bwo kwifatanya n’abaturage ba Kenya mu bihe by’akababaro. Ibyo ni uguhonyora uburenganzira bwa muntu bwo gutembera nk’uko biteganywa n’ingingo ya 17(1) y’Itegeko Nshinga rya Tanzania.”

Rupia yasabye ko Heche ahita arekurwa, anasaba Leta guhagarika ibikorwa byo guhohotera abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe nayo.

Heche yari agiye guhagararira umuyobozi wa CHADEMA Tundu Lissu, ufungiye i Dodoma akurikiranweho ibyaha byo kugambanira igihugu. Lissu ubwe yasabye urukiko n’ubuyobozi bwa Tanzania kumuha uburenganzira bwo kujya muri Kenya kwitabira iryo shyingura, ndetse yemera no kujyayo aherekejwe n’inzego z’umutekano.

“Ndabasaba kuntuma muri Kenya, n’ubwo byasaba kujyayo nambaye amapingu, ariko ndashaka kubona umurambo w’inshuti yanjye Raila,” Ibyo Lissu yasabye ubwo yari imbere y’urukiko.

Itsinda Heche yari ayoboye ryari rigizwe n’abahoze ari abadepite nka Godbless Lema na Boniface Jacob, bose bagombaga guhagararira CHADEMA mu muhango w’ishyingura.

Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Tanzania ntiburagira icyo butangaza ku mpamvu z’ifatwa rya Heche cyangwa igihe azarekurerwa, ibintu byakomeje gutera impungenge mu banyapolitiki n’abakurikiranira hafi uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *