img-20250505-wa0021-36fc4-61900

Vision FC yiyemeje kumanuka mu kiciro cya 2

Perezida wa Vision FC, Birungi John Bosco, yavuze ko ikipe ye izamanuka mu Cyiciro cya Kabiri nyuma yo gutsindwa na AS Kigali ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona.

Birungi yavuze ko ikipe ye ikina nabi, nta cyizere ifite kandi nta kizere cyo kuguma mu Cyiciro cya Mbere. Ati: “Twakinnye nabi, nta mpamvu yihariye yatsinzwe, ahubwo ikipe yacu yarushijwe cyane.” Yongeyeho ko kugira ngo bagume muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere, bisaba ko andi makipe atsindwa, ibintu nawe atizeye.

Yemeje ko nubwo amanota atameze neza, hari amasomo bungutse, cyane cyane gukoresha abakinnyi bakiri bato b’imbere mu gihugu. Yavuze ko bazagumana abafite ubushobozi, ariko ko bamwe bazasohoka, ari ibisanzwe mu mupira.

Yagarutse no ku mukinnyi wabo Ndikumana Faustin Edgar wabuze, aho bashatse no kubimenyesha inzego z’umutekano.

Vision FC iri ku mwanya wa nyuma n’amanota 20, kandi isigaje imikino 4 ikomeye irimo Marine FC, Police FC, Rayon Sports na Mukura VS.

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *