Inyeshyamba za AFC / M23 ziravugwaho kongera imbaraga mu Mujyi wa Kateku, muri Gurupoma ya Ikobo (Teritwari ya Walikale), muri Kivu y’Amajyaruguru, ho mu burasirazuba bwa Congo, aho bikekwa ko yaba irimo kwitegura kugaba igitero ku Mujyi wa Pinga.
Amakuru agera kuri ACTUALITE.CD avuga ko umusada w’ingabo n’ibikoresho bivuye i Buleusa byatangiye kugera muri ako gace kuva kuri uyu wa Kabiri ushize, itariki ya 29 Nyakanga.
Abarwanyi b’uyu mutwe ubu ngo bafashe ibirindiro ahantu h’ingenzi muri kariya gace. Kugeza ubu ariko ngo biragoye kumenya imigambi y’izi nyeshyamba za M23. Icyakora, bamwe mu babikurikiranira hafi barakeka ko haba hari gutegurwa igitero ku Mujyi wa Pinga.
Amakuru atandukanye avuga kandi undi musada kuva kuwa Kabiri mu cyerekezo cya Rusamambu na Bukumbirwa kubw’intego imwe yo gutera Pinga.
Abayobozi bo mu nzego z’ibanze bakaba bahamagarira inzego zibishinzwe gushimangira ingamba z’umutekano mu gace gakikije Pinga mu rwego rwo guhagarika kwegera imbere kw’inyeshyamba.




