Umusirikare wo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yamishije urufaya rw’amasasu muri bagenzi be, batatu bahita bahasiga ubuzima abandi umunani bakomereka bikomeye.
Byabaye Ku wa Kabiri tariki ya 24 Kamena, mu gice kigenzurwa n’uruhande rwa Leta ya Congo mu gace ka Mungazi gaherereye muri Groupement ya Luberiki, Teritware ya Walikale, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru
Irasana ry’ingabo za FARDC, ryatumye abaturage baturiye utwo duce, bikanga ko ari imirwano, abenshi berekeza mu bihuru barahunga.
Umwe mu baturage baturiye ahabereye iri sanganya yabwiye itangazamakuru ko ubushyamirane bw’uyu musirikari bwasembuwe no kuba abandi ngo barahembwe we ntahembwe, nyuma bagenzi be batangira kumwishongoraho.
Mu kubihimuraho ngo yabanje kwiyahuza inzoga, nyuma yo gusinda abasukamo urufaya rw’amasasu.
Yagize ati: “Twamenye ko abasirikare ba FARDC bahembwe. Abatarahembwe ni bo barimo uwagiye kunywa kugira ngo yice abo ashinja kudahabwa umushahara kwe kandi bose bakora akazi kamwe, banakorera leta imwe.”
Umuvugizi w’Igisirikare cya RDC muri Walikale, Major Nestor Mavudisha, yatangaje ko umusirikare wishe bagenzi be yahise atabwa muri yombi.




