1765961492434

Yafunzwe azira kwiyahura ntibimuhire

Polisi yo muri Lagos yataye muri yombi umusore uzwi cyane kuri TikTok, witwa Peller (amazina ye nyakuri akaba Habeeb Hamzat), akekwaho kugerageza kwiyahura no gutwara imodoka mu buryo bushyira ubuzima bw’abandi mu kaga, bikaviramo impanuka ikomeye yo mu muhanda.

Iri tabwa muri yombi ryakurikiye videwo yakwirakwiye cyane ku mbuga nkoranyambaga ku Cyumweru, tariki ya 14 Ukuboza 2025, igaragaza Peller atwaye imodoka nabi ku muhanda rusange ari no kubitambutsa live kuri TikTok. Iyo myitwarire bivugwa ko yateje impanuka ikomeye, ishyira mu kaga ubuzima bwe n’ubw’abandi bakoresha umuhanda.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa Kabiri n’ushinzwe itumanaho muri Polisi ya Lagos, Abimbola Adebisi, ku izina rya Komiseri wa Polisi Olohundare Jimoh, yavuze ko ibikorwa bya Hamzat bigaragaza kugerageza kwiyahura ku bushake, ndetse bikaba byarashyize mu kaga gakomeye abaturage b’inzirakarengane.

Polisi yatangaje ko ukekwaho icyaha ari mu maboko yayo, kandi ko iperereza rikomeje.

Iyo dosiye yamaze koherezwa mu Ishami rya Polisi rishinzwe ubugenzacyaha rikuru muri Leta (SCID) kugira ngo hakorwe iperereza ryimbitse, aho ibisubizo byaryo bizatangazwa nibirangira.

Itangazo ryongeyeho riti: “Uregwa azashyikirizwa inkiko zibifitiye ububasha, hashingiwe ku mategeko.”

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *