Umugabo witwa Nchambi Nsungwa Mapanda uzwi ku izina rya Emanuel Gangala w’imyaka 24 wo mu mugi wa Bariadi mu Ntara ya Simiyu, yagejejwe imbere y’urukiko akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo kwiyitirira umusirikare wa Tanzania.
Ubushinjacyaha, buhagarariwe na Betrice Mboya bwabwiye Urukiko Rukuru rwa Simiyu, ruyobowe n’Umucamanza Alex Mtenga, ko ku itariki ya 14 Gashyantare 2025, uyu mugabo yagaragaye ku ishuri rya Simiyu Secondary yigize umusirikare ufite ipeti rya Liyetona. Yabeshye abantu ko ashobora kubinjiza mu gisirikare cya Tanzania no mu rwego rw’umutekano w’igihugu.
Iki cyaha cyakozwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aho kinyuranyije n’ingingo ya 100 [b] na 35 y’amategeko agenga ibyaha, nk’uko yavuguruwe mu mwaka wa 2022.
Ku cyaha cya kabiri, ubushinjacyaha bwashinjije Nsungwa Mapanda kuba yarafashwe yambaye impuzankano y’Igisirikare cya Tanzania atari umusirikare.
Ubushinjacyaha buvuga ko ibi byaha bye byateje urujijo mu baturage ndetse bikaba binyuranyije n’amategeko ahana kwiyitirira imyanya y’akazi mu nzego za leta.
Urukiko rurakomeje gukurikirana urubanza mu gihe iperereza rikomeje gukorwa.




