Zimbabwe: Abana bishwe no guhera umwuka kubera imyotsi

Abana babiri bo mu muryango umwe bapfuye bishwe n’imyotsi bivugwa ko yaturutse mu nkono yari itetse umuceri mu nzu y’iwabo. Ni mu gihe kandi abandi babiri bavukana n’abapfuye ndetse na nyina ubu barembeye mu bitaro.

Amakuru dukesha ikinyamakuru NewZimbabwe avuga ko aba bana babiri bapfuye bose bakigezwa kwa muganga. Bikekwa ko bazize ikibazo cyo kubura umwuka wa Oxygen bikabaviramo gutakaza ubwenge, ndetse n’urupfu ibyo bita Asphyxiation mu ndimi z’amahanga.

Ku wa mbere w’iki cyumweru tariki 15 Nyakanga 2024, inkuru ibabaje muri Zimbabwe mu mujyi wa Harare ahitwa Kuwadzana yagarukaga ku rupfu rw’abana babiri umwe w’imyaka 10 n’undi w’imyaka 8 bapfuye mu buryo bw’amayobera.

Biravugwa ko hari abo bavukana bandi babiri b’imyaka 14 ndetse n’imyaka 4 bo barokotse, ni nyuma yo kugezwa mu bitaro bari kumwe na nyina bose bagiye muri koma.

Igipolisi cya Repubulika ya Zimbabwe cyatangaje ko aya makuru ari impamo, raporo yagaragaje ko urupfu rw’abana bikekwa ko rwaturutse ku kubura umwuka wo guhumeka biturutse ku myotsi myinshi, kuko basanzwe bose batwikiriwe n’imyotsi ubwo babatabaraga mu cyumba bari barimo.

Polisi yagize iti “Twahasanze agasafuriya kahiriyemo umuceri washiririye ku mashyiga, twihutiye kubajyana mu bitaro biri hafi aho ariko babiri muri bo bitwa Atidaishe w’imyaka 10 na Atipaishe w’imyaka 8 bapfuye igitaraganya.”

Abandi batatu bahise boherezwa mu bitaro bya Sally Mugabe aho bakomeje kwitabwaho n’abaganga.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *