0ea08d32-e82b-4530-9cc9-df798a8aed6d-3800x2138_c

Abasirikare 40 b’u Burundi bishwe na AFC/M23 mu kwezi kumwe

Amakuru ava imbere mu gisirikare cy’u Burundi, aravuga ko iki gihugu cyatakarije abasirikare babarirwa muri 40 mu mirwano yaberereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu kwezi gushize k’Ukuboza.

Ni imirwano ingabo z’u Burundi zafashagamo iza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zimaze imyaka ine zirwana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23.

Izi nyeshyamba ziyobowe na Gen Sultani Makenga ku wa 9 Ukuboza ni bwo zigaruriye umujyi wa Uvira, nyuma yo gutsinda ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa ririmo FARDC, Ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR.

Muri Kanama 2022 ni bwo u Burundi bwohereje abasirikare ba mbere muri Congo Kinshasa byitwa ko bagiye guhiga imitwe yitwaje intwaro ya RED-Tabara na FNL irwanya ubutegetsi bwabwo, mbere yo kohereza ku bwinshi abandi basirikare muri Werurwe 2023.

Raporo ya Minisiteri y’Umutekano w’Imbere muri RDC ibitangazamakuru bya SOS Médias Burundi bivuga ko byabonye, ivuga ko kuva u Burundi bwatangira kohereza ingabo muri RDC mu buryo buzwi bumaze kuhohereza izibarirwa mu 29,862.

SOS Médias Burundi ivuga ko muri izo ngabo hari inyinshi muri zo ziciwe mu mirwano zagiye zihanganiramo na AFC/M23. Mu bishwe ngo harimo ba Ofisiye babiri, barimo Majoro na Colonel.

Iki gitangazamakuru kivuga ko mu kwezi gushize honyine hari abasirikare babarirwa muri 40 bishwe, mu gihe ababarirwa mu ijana ari bo bimaze kumenyekana ko bakomeretse bajyanwa kuvurirwa i Bujumbura.

Andi makuru avuga ko hari ba Ofisiye bo mu ngabo z’u Burundi bishwe, barimo uwitwa Lt. Col Manirakiza Patrice na Lt. Colonel Minani Athanase bombi bari bayoboye ingabo z’u Burundi zari ku rugamba.

Bivugwa kandi ko kugeza ubu hari abasirikare b’Abarundi babarirwa mu 1000 baburiwe irengero, ubwo bari bahanganye na AFC/M23 mu mirwano yabereye mu kibaya cya Ruzizi.

Kugeza ubu inyandiko ya Minisiteri y’Umutekano ya RDC yerekana ko u Burundi bumaze gucyura abasirikare babwo babarirwa mu 19,872, ibivuze ko bukuhafite ababarirwa mu 10,000.

Amakuru y’uko u Burundi bugifite ingabo muri Congo Kinshasa aheruka kwemezwa n’Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD, Révérien Ndikuriyo, mu kiganiro yahaye abanyamakuru mu mpera z’icyumweru gishize.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply to B Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *