wirestory_b757b1a23ee30b3495d76ac7324be6af_16x9

Amerika ntabwo yemera ko AFC/M23 yavuye muri Uvira uko bikwiye

Umuyobozi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko ubuyobozi bwa Trump n’uko inyeshyamba za AFC/M23 zavuye mu mujyi w’ingenzi mu burasirazuba bwa Congo, mu gihe kuwa Kabiri habaye imirwano hafi yaho nk’uko abaturage babitangaje.

M23 yigaruriye umujyi wa Uvira, hafi y’umupaka n’u Burundi, ku itariki ya 10 Ukuboza, nyuma y’iminsi mike Perezida wa RD Congo, Felix Tshisekedi na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, bahuye na Perezida Donald Trump i Washington bagashyira umukono ku masezerano agamije kugarura amahoro.

 

Nyuma y’uko umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, avuze ko ibikorwa by’u Rwanda mu burasirazuba bwa Congo binyuranyije n’amasezerano y’amahoro, M23 mu cyumweru gishize yemeye kuva muri Uvira kugira ngo ibiganiro by’amahoro bihabwe amahirwe.

 

Umuyobozi mukuru muri Amerika yavuze ko mu gihe abarwanyi benshi mu barwanyi ba M23 bavuye muri Uvira ubwayo, Washington “ntiyanyuzwe” kuko uyu mutwe utavuyemo burundu.

 

Uyu muyobozi yagize ati: “Habayeho kugenda, ariko ntitwumva ko mu by’ukuri bigeze ku kurekura burundu umujyi. Turizera ko M23 ikomeje guhagarara hirya no hino mu nkengero z’umujyi.”

 

Ku wa Kabiri, abaturage babiri babwiye Ibiro Ntaramakuru Reuters ko bamwe mu barwanyi ba M23 bagumye muri Uvira bambaye gipolisi aho kwambara imyenda ya gisirikare.

 

Umuturage umwe yavuze ko urusaku rw’amasasu rwumvikanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ushize ruva mu misozi ireba agace ka Kalundu.

 

 

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply to Mayimayi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *