GridArt_20250821_75309177

Amerika yatumije inama y’igitaraganya ku bwicanyi M23 yashinjwe gukorera abaturage

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zatumije inama y’ikitaraganya y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi, kugira ngo haganirwe ku bwicanyi bukomeje gukorerwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo burimo n’ubwashinjwe umutwe wa M23.

Amerika yemeje ko yamaze gutumiza iriya nama biciye mu biro bishinzwe ibibazo bya Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yayo.

Mu butumwa biriya biro byanditse ku rubuga rwabyo rwa X, byamaganye urugomo bivuga ko bukomeje kwibasira abaturage b’abasivile bo mu burasirazuba bwa RDC.

Biti: “Urugomo rwibasira abaturage b’abasivile mu burasirazuba bwa RDC ntabwo rwemewe kandi turasaba impande zose kubahiriza agahenge zemereye mu mahame y’ibanze yasinyiwe i Doha hagati ya M23 na RDC.”

Amerika yagaragaje ko kwica ako gahenge bitabangamira gusa, ko ahubwo binatera abaturage bamaze imyaka ibarirwa muri mirongo guteseka.

Yunzemo iti: “Twatumije inama yihuse y’akanama k’umutekano ka Loni gashinzwe umutekano yo kuri RDC, mu rwego rwo kuganira ku ihohoterwa ribi ryakorewe abasivili, harimo n’iryakozwe na M23, kandi tuzakomeza guteza imbere kuryozwa kugira ngo ababangamira amahoro, umutekano, cyangwa umutekano bahure n’ingaruka.”

Amerika yatangaje ko yatumije iriya nama, nyuma y’iminsi mike umutwe wa M23 ushinjwa gukorera ubwicanyi abaturage b’abasivile bo muri Teritwari ya Rutshuru.

Komisiyo y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe Uburenganzira bwa Muntu, iheruka gushinja M23 kuba mu kwezi gushize kwa Nyakanga yariciye muri Rutshuru abantu 319 biganjemo abahinzi, ibakekaho kuba abarwanyi b’umutwe wa FDLR.

Umuryango Human Rights Watch muri raporo nshya uheruka gusohora, wo wavuze ko abishwe ari abantu 140 barimo n’abagore n’abana.

Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, ku wa Gatatu tariki ya 20 Kanama yatangaje ko ubwicanyi M23 ishinjwa “bufite impamvu za Politike kandi bwatewe inkunga n’imiryango ikorana bya hafi n’ubutegetsi buyobowe n’abantu badashoboye bwa Kinshasa.”

Uyu mutwe wagaragaje ifoto y’umuyobozi wa HRW ari kumwe n’uwo yise “umucengezamatwara w’umuhezanguni” w’ubutegetsi bwa RDC, nk’igihamya cy’uko uriya muryango utabura kububogamiraho.

M23 yashimangiye ko raporo yatangajwe na HRW ari “ibihimbano bidafite aho bihuriye n’ukuri”, ahubwo ko ari igikoresho cy’icengezamatwara ry'”ubutegetsi butemewe kandi bukora Jenoside” bwarahiriye gusiga M23 icyasha mu rwego rwo kuyica intege mu rugamba irimo rwo guharanira uburenganzira bw’Abanye-Congo.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Aririrwa bicywa na ADF NARU si abantu, Abanyamurenge aho twumviye induru kugeza naho babotsa ku mwnywa ko USA itavuze izo human Wright zihagurutse kubera FDLR zapfiriye mu misozi????

Leave a Reply to Jean Mpaka Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *