Perezida Paul Biya wa Cameroun, mu cyumweru gishize yatangaje ko ateganya kwiyamamariza kuyobora iki gihugu muri manda ya munani ishobora gutuma yuzuza imyaka 100 y’amavuko ari ku butegetsi.
Biya w’imyaka 92 y’amavuko, ni we Perezida ukuze kurusha abandi ku Isi.
Uyu mukambwe acyandika ku rubuga rwe rwa X ko ateganya kwiyamamaza mu matora ateganyijwe mu Ukwakira uyu mwaka, abenshi mu Banyafurika byarabatangaje bijyanye no kuba hari ababona ko atagifite imbaraga zo kuyobora Cameroun.
Iyi ngingo ni na yo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Paul Biya bamaze igihe bagenderaho bavuga ko yakabaye ava ku butegetsi amazeho imyaka 43.
Ni Biya utanakunze kugaragara mu ruhame, dore ko uyu mukambwe ayobora Cameroun nyamara yibera mu Busuwisi aho amaze igihe atuye.
Mu mwaka ushize hakwirakwiye inkuru z’uko Muzehe Paul Biya yaba yashizemo umwuka, ibyatumye Leta ya Cameroun ishyiraho amabwiriza y’uko nta muntu wemerewe kuganira ku buzima bwe mu ruhame.
Ku bwa benshi mu banya-Afurika, “abasirikare bo muri Cameroun ni abanyamahoro, kuko ari ahandi muri Afurika Biya yakabaye yarahiritswe ku butegetsi kera.”
Icyakora n’ubwo umukambwe Paul Biya ari we ukunze kugarukwaho mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga kubera imyaka ye, si we wenyine mu bayobozi ba Cameroun uri mu za bukuru; kuko byibura batandatu bayoboye inzego zikomeye muri kiriya gihugu ari urungano rwe.
Aba barimo barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo za Cameroun, Général René Claude Meka kuri ubu umaze kugeza ku myaka 86 y’amavuko.
Uyu Jenerali ni Umugaba Mukuru w’Ingabo za Cameroun kuva muri 2001, ibivuze ko amaze muri izi nshingano imyaka 24.
Usibye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Cameroun, umuyobozi mukuru wa Polisi y’iki gihugu na we ni umukambwe kuko afite imyaka 93 y’amavuko.
Muzehe Martin Mbarga Nguélé usibye kuba ari umuyobozi wa Polisi ya Cameroun kuva muri 2010, ni n’umujyanama muri Perezidansi ya kiriya gihugu.
Undi usanzwe ari urungano rwa Perezida Paul Biya bafatanya kuyobora Cameroun ni Perezida wa Sena y’iki gihugu, Marcel Niat Njifenji.
Uyu mukambwe w’imyaka 90 isatira 91 y’amavuko, ni Perezida wa Sena ya Cameroun kuva muri 2013.
Mugenzi we uyobora Inteko Ishinga Amategeko, Cavayé Yeguié Djibril we afite imyaka 85 y’amavuko, akaba ari muri ziriya nshingano guhera muri 2012.
Abandi ni Minisitiri w’Ubutabera, Laurent Esso. Ku myaka 83 y’amavuko, Esso ni Minisitiri w’Ubutabera kuva mu Ukuboza 2011.
Ni mu gihe Perezida w’Urukiko Rushinzwe kurinda Itegekonshinga, Clément Atangana, ku myaka 84 y’amavuko ari muri ziriya nshingano kuva muri 2018.












2 Responses
Cameroon 🇨🇲 igihugu cyiza cyane kubasaza
Niba aribyo abanyacameroun bihitiyemo mbona ntacyo bitwaye.kiliziya Gatolika iri muri zimwe muri institutions zishimwa na benshi kubw,imiyoborere yayo,nyamara abayobozi bayo ntibagira mandats zibalimita kuba bayobora.kubera iki igihugu runaka kitabigaana kubw’inyungu z’abenegihugu?Niba ubwo buyobozi bubaha amahoro n,umutekano nibafatireho!Ababa babanenga ni aba contre succes kandi abo bahoraho,ugomba kwama witeguye guhangana nabo!Kwiga ni ukwigana.