Uyu we yahisemo gukandagira ibitabo

Kaminuza yo mu Rwanda yamaganye abanyeshuri barimo uwahennye ku karubanda

Kaminuza y’ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’ubucuruzi (UTB) yamaganye abanyeshuri bayo bayisebeje ku munsi wabereyeho umuhango wo gusoza ku mugaragaro amasomo uzwi nka ‘Graduation Ceremony’.

Muri iyi kaminuza habaye uyu muhango tariki ya 9 Kamena 2023, kuva ubwo ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwira amafoto yateje impaka, agaragaza abakobwa bambaye, banifotoje mu buryo budasanzwe.

Ifoto yavuzweho cyane ni igaragaza umukobwa wambaye ikanzu ngufi bikabije, ahennye, ikibuno gisa n’ikigaragara, undi amuhagaze inyuma. Iya kabiri igaragaza uwifotoreje muri ‘studio’, akandagiye ibitabo.

Umunyamakuru Scovia Mutesi usanzwe atanga inama by’umwihariko ku bakobwa n’abagore yanenze bikomeye iyi myitwarire, maze agira ati: “Nujya urangiza kwiga, ujye uba nk’umugore ubyaye. Naho kujya kubyina ngo warangije kwiga ni nko guhinga intabire, utagira imbuto uzashyiramo. None aba banyeshuri babyina batya, hanze bazi ibihabera?”

Uyu we yahisemo gukandagira ibitabo
Uyu we yahisemo gukandagira ibitabo

Undi mubyeyi, Lydia Mutesi Mwambali, na we ashingiye kuri iyi foto, yasubiyemo amagambo y’Umufaransa Franà§ois Labelais y’uko ubumenyi butagira umutimanama buba bupfuye ubusa. Yongereyeho ati: “Bigenda bite kugira ngo umuntu urangije kaminuza mu Rwanda akore ikintu nk’iki agishyire no hanze? Basigaye bigisha amasomo gusa? Mbese mwandusha ari umunyarwanda? Ariko wabona ari photoshop tu!”

Mupenzi Siméon we yagaragaje ko kwifotoza muri ubu buryo ari ikimenyetso cy’ubwihebe. Ati: “Ntakuntu waba utarihebye, wararambiwe ubuzima ngo nurangiza wifotoze kuriya!! Nta n’ubwo waba uri muzima ufite umwana CG uteganya kuzabyara ngo nurangiza ushyigikire umukobwa CG umugore wifotoza ahenereje kuriya. Ubundi usibye umusazi nta wundi wakwigira biriya.”

Hari hagishidikanywa kuri kaminuza aba banyeshuri bizemo, gusa yo yagaragaje ko ari abayo, yongeraho ko idashyigikiye imyitwarire bagaragaje. Iti: “Ubuyobozi bwa UTB buramenyesha abantu muri rusange ko tudashyigikiye kandi ko twamaganye imyitwarire idahwitse ya bamwe mu banyeshuri bacu yagaragajwe ku mbuga nkoranyambaga ku munsi wa graduation. Iyi myitwarire idakwiye ntabwo ishushanya indangagaciro za UTB cyangwa y’u Rwanda, zo ziba zikwiye kuranga urubyiruko rwacu.”

N’ubwo bitageraga kuri uru rwego, iyi myitwarire imaze igihe kinini igaragara mu banyeshuri bo muri kaminuza zitandukanye mu gihe baba basoje amasomo. Iyi kaminuza yonyine ni yo ibyamaganye ku mugaragaro.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Kaminuza yo mu Rwanda yamaganye abanyeshuri barimo uwahennye ku karubanda
    Ahubwo se ntamategeko ahari ahana ziriya Ngirwabanyabwenge?

  2. Kaminuza yo mu Rwanda yamaganye abanyeshuri barimo uwahennye ku karubanda
    Uyu mwana wunama neza abahe? Muduhe adress ye, hari siporo ashoboye

Leave a Reply to si Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *