Ruto, imbere y'abagize Inteko ya Djibouti

Ruto arasaba Afurika kwigobotora idolari

Perezida wa Kenya, William Ruto, ntabwo yumva ukuntu ibihugu byo muri Afurika bicuruza mu madolari ya Leta zunze ubumwe za Amerika (US), aho gukoresha amafaranga yabyo.

Ruto tariki ya 11 Kamena 2023 ubwo yaganirizaga abagize inteko ishinga amategeko ya Djibouti kuri politiki y’ubukungu, yavuze ko atumva uburyo ubucuruzi bukorwa hagati y’iki gihugu na Kenya bukoresha amadolari.

Yagize ati: “Abacuruzi bo muri Djibouti bagurisha Abanyakenya cyangwa abacuruzi b’Abanyakenya bagurisha abaguzi bo muri Djibouti bagomba gukoresha amadolari. Ni gute amadolari ya Amerika aza mu bucuruzi bukorerwa hagati ya Djibouti na Kenya? Kubera iki? Nta mpamvu!”

Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze ko atari kurwanya amadolari, ariko ngo yumva ko yo yajya akoreshwa mu bucuruzi bureba Leta zunze ubumwe za Amerika. Ati: “Kandi ntabwo turi kurwanya idolari rya US, turashakan kurushaho gucuruza twisanzuye. Mureke tujye twishyura mu madolari ibyo tugura muri US ariko ibyo tugura muri Djibouti, dukoreshe ifaranga ryaho.”

Ruto yavuze ko Kenya yatangije uburyo butuma amafaranga yo muri Afurika yazajya akoreshwa mu mwanya amadolari yakoreshwagamo, yifashishije banki mpuzamahanga yayo.

Ruto, imbere y'abagize Inteko ya Djibouti
Ruto, imbere y’abagize Inteko ya Djibouti

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Ruto arasaba Afurika kwigobotora idolari
    Iki gitekerezo ni inyamibwa. Ibi bibaye, Afurka nibwo yaba yigenze koko.

Leave a Reply to iganze Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *