20260102_173849

U Burundi buravuga ko buzafungurira umupaka wa Gatumba hamwe n’iy’u Rwanda

Leta y’u Burundi yatangaje ko idateze gufungura vuba umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kwezi gushize ni bwo u Burundi bwafunze uyu mupaka, nyuma y’uko inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 zari zimaze kwigarurira Umujyi wa Uvira wo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Icyakora nyuma y’icyumweru uriya mutwe wavanye ingabo zawo muri Uvira, nyuma yo kubisabwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riyoboye u Burundi, Réverien Ndikuriyo, yabwiye abanyamakuru ko uriya mupaka uzafungurwa ari uko iy’u Burundi n’u Rwanda imaze umwaka ifunzwe na yo yafunguwe.

Yagize ati: “I Uvira hafunzwe nk’i Gasenyi, hafungwa nko ku Ruhwa. Ntimuze muvuga ngo ejo nzajya i Uvira, gukora iki?”

Ndikuriyo kandi yavuze ko M23 atari yo yari yafashe Uvira ahubwo ko yafashwe n’u Rwanda.

Ati: “Ibi bya Uvira, nababwiye ko ari u Rwanda. Ntiwabonye umusni bafata Uvira, ntimwabonye ko ari imodoka z’u Rwanda zazanye ama vedettes [ubwato buto buto bunyaruka] yo mu mazi? Ntayo mwabonye azana M23? Reka sha. Ni u Rwanda. Uvira si M23 yayifashe ni u Rwanda.”

Uyu mugabo kandi yavuze ko u Burundi bukomeje kwibaza icyo amasezerano y’amahoro ya Washington amaze.

Ati: “N’ubu turacyabaza, amasezerano avuga iki? Amerika nivuga ngo byananiye, ibyo nahagarariye byananiye nimwibereho, aho tuzahira tumenya uko ibintu bipanze kandi bizamera neza.”

Uyu mugabo kandi yemeje ko ingabo u Burundi bwohereje muri Congo Kinshasa zikiriyo, ndetse ko iyo zigiyeyo Leta ya RDC ari yo izimenyera buri kimwe cyose zikenera.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. nawe ndikuriyo umeze nka shobuja Neva. none inteko mwirirwa muririmba Uvira yafashwe ziri hehe? ngo muzatera u Rwanda mwarananiwe M23 Sha. muzaze bataillon imwe ibasubize mumashyamba mwaturutse.

Leave a Reply to Titi Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *