Soldiers from the Armed Forces of the Democratic Republic of the Congo (FARDC) regroup at an army outpost on a hill between the village of Kachiru and Mbuzi hill -- an M23 rebel position -- in North Kivu on May 24, 2012. The FARDC has been engaged in battles with M23 rebels who hold the Mbuzi hill, but have seen a relative calm since the night of May 22, taking the opportunity to reinforce their positions. AFP PHOTO/PHIL MOORE

Uvira: Imirwano hagati ya FARDC na Wazalendo imaze kugwamo abantu 17

Abatuye mu Mujyi wa Uvira babyukiye mu bwoba kuri uyu wa Kane kubera amasasu akomeje kumvikana nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano hagati y’abasirikare ba Congo, FARDC, n’inyeshyamba za Wazalendo, basanzwe bafatanya, imaze guhitana abantu barenga 17.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abivuga, muri uyu mujyi hagaragaye imirongo myinshi y’abasirikare. Bari baturutse mu kibaya cya Ruzizi kugira ngo bajye ku cyambu cya Kalundu bizeye kwerekeza Kalemie. Uduce tumwe na tumwe kandi ubwo turagenzurwa n’inyeshyamba za Wazalendo.

Umwe mu mpirimbanyi ziri muri uyu mujyi yabwiye ACTUALITE.CD ati: “Muri uyu mujyi harumvikana amasasu amwe n’amwe kandi turabona imirongo y’abasirikare bava mu kibaya cya Ruzizi bajya ku cyambu cya Kalundu bategereje ubwato niba buboneka bujya i Kalemie.”

Abenshi mu baturage bakomeje kwihisha mu ngo zabo batinya ibitero bishoboka cyangwa se gusahurwa.

Ati: “Mu duce tumwe na tumwe abantu batinye gusohoka kuko hari abasirikare kandi nibo basahura umutungo w’abaturage. Mu baturanyi ba Kalundu na Kilibula ntabwo byoroshye kuzenguruka kuko niho icyambu kiri kandi hakaba hari umutwe wa gisirikare, ariko ntushobora kubura kubona umuntu umwe cyangwa babiri hanze bashaka amazi, urugero, ariko amaduka yose arafunze. Ku rundi ruhande, muri Kavimvira abantu barimo kugenda hirya no hino nyamara hari abasirikare benshi ariko ubu agace karagenzurwa na wazalendo abaturage bizeye, ni ko bimeze no mu gace ka Kasenga na Mulonge aho abantu bagaragara ”.

Ariko muri rusange, umujyi ugaragaza isura idasanzwe. Ibimenyetso by’imirwano yo mu minsi ishize hagati yingabo za FARDC na Wazalendo ngo biracyagaragara.

Mu gihe amaradiyo yose yahagaritse gutambutsa ibiganiro byayo kuva kuwa Gatatu, hagati aho, imirwano iravugwa kure ya Uvira, mu kibaya cya Ruzizi. Nk’uko amakuru abivuga, inyeshyamba za M23 zageze i Sange nimugoroba. Sange ni agace ka Uvira gaherereye kuri RN5, byibura kilometero 35 uvuye mu Mujyi wa Uvira.

Sangiza iyi nkuru

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. n’iyo mwagira intwaro zingana gute ntimwatsinda m23 igihe musubiranamo,igihe musahura abaturage kuko bituma mutagirirwa icyizere. muyoboke m23 mureke kurindagira ngo murahunga. muzageza ryari? wazalendo wagira ngo ni interahamwe.m23 komeza unutwari, iby’ibihano byo wabirya ariko ugatekana.

Leave a Reply to Alias Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *